Perezida Museveni wa Uganda yambika Perezida Kagame imidari y’ishimwe. (Foto/Perezidansi)
Perezida Paul Kagame ku wa 26 Mutarama 2012, yambitswe imidari itatu y’ishimwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kubera uruhare yagize mu ntambara yo kubohora Uganda ingoma y’igitugu yari iyobowe na Tito Okello yatangiye mu mwaka w’i1980 ikaza kurangira mu w’i1986. Muri uwo muhango wabereye mu Ntara ya Kapchorwa mu Majyaruguru y’Iburengerazuba bwa Uganda , Perezida Paul Kagame, umwe mu bantu 27 batangije urwo rugamba, mu ijambo rye, yavuze ko we n’Abanyarwanda muri rusange, bishimiye kuzirikanwa ku ruhare rwo kuzana amahoro muri Uganda, avuga ariko ko asanga inyungu Abanyarwanda bavanye mu kuba Uganda yaribohoye ntaho zihuriye n’ibyo Abanyarwanda batanze muri urwo rugamba.
Abantu nka Mugesera hari byinshi bagomba kubazwaLéon Mugesera ubu uri ku butaka bw’u Rwanda, guhera tariki 25 Mutarama 2012, aho yaje yoherejwe n’igihugu cya Canada kugira ngo aburanishwe n’ubutabera bw’u Rwanda, hari byinshi agomba gusubiza ku bijyanye no gutegura,gushishikariza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Uyu mugabo wamamaye cyane mu mateka ajyanye no gutegura ndetse no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, hari byinshi azi kandi yabonye bishobora gufasha inzego z’ubutabera mu Rwanda, mu kugaragaza ukuri ku byabaye cyangwa byavuzwe n’abantu batandukanye mu kuyitegura.