Izuba


Perezida Kagame yambitswe imidari 3
Perezida Museveni wa Uganda yambika Perezida Kagame imidari y’ishimwe. (Foto/Perezidansi)

Perezida Paul Kagame ku wa 26 Mutarama 2012, yambitswe   imidari itatu y’ishimwe na Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, kubera uruhare yagize mu ntambara yo kubohora Uganda ingoma y’igitugu yari iyobowe na Tito Okello yatangiye mu mwaka w’i1980 ikaza kurangira mu w’i1986. Muri uwo muhango wabereye mu Ntara ya Kapchorwa mu Majyaruguru y’Iburengerazuba bwa Uganda , Perezida Paul Kagame, umwe mu bantu 27 batangije urwo rugamba,  mu ijambo rye,  yavuze ko we n’Abanyarwanda muri rusange, bishimiye  kuzirikanwa ku ruhare rwo kuzana amahoro muri Uganda, avuga ariko ko asanga inyungu Abanyarwanda bavanye mu kuba Uganda yaribohoye ntaho zihuriye n’ibyo Abanyarwanda batanze muri urwo rugamba.

Ijambo ry'ibanze
Abantu nka Mugesera hari byinshi bagomba kubazwa

Léon Mugesera ubu uri ku butaka bw’u Rwanda, guhera tariki 25 Mutarama 2012, aho yaje yoherejwe n’igihugu cya Canada kugira ngo aburanishwe n’ubutabera bw’u Rwanda, hari byinshi agomba gusubiza ku bijyanye no gutegura,gushishikariza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda. Uyu mugabo  wamamaye cyane mu mateka ajyanye no gutegura ndetse   no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi, hari  byinshi azi kandi yabonye bishobora gufasha inzego z’ubutabera mu Rwanda, mu kugaragaza ukuri ku byabaye cyangwa byavuzwe n’abantu batandukanye mu kuyitegura.

Friday, 27th January 2012
Amakuru
Abaturage barasaba ko Mugesera aburanishirizwa aho yavugiye ijambo

Abaturage basaba ko Mugesera yakoherezwa aho yavugiye ijambo (Foto/Muvunyi)

Abaturage batuye mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Kabaya, barasaba ko Mugesera yaburanishirizwa muri uwo Murenge. Ibyo abo baturage babitangarije ikinyamakuru Izuba Rirashe ku wa 25 Mutarama 2012, ubwo cyabasuraga.

Umuhanda Kigali – Gatuna ufite uburambe bw’imyaka 7- 10

Umuhanda Gatuna –Kigali uzasanwa (Foto/interineti)

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Transport aribaza impamvu u Rwanda rwahawe amafaranga yubaka umuhanda ufite uburambe bw’imyaka 7 kugeza 10 mu gihe igihugu cya Uganda cyahawe amafaranga akubye hafi inshuro eshatu ayahawe u Rwanda, kugira ngo  hubakwe umuhanda Gatuna-Mbarara, kandi uyu muhanda wo ukaba ufite uburambe bw’imyaka irenga  20.

Imikino
Kiyovu yemerewe miliyoni 15 yo kwitegura Simba

Umutoza Kayiranga (Foto/Arishive)
Ikipe ya Kiyovu sports yabaye iya kabiri muri shampiyona y’umwaka w’imikino 2010-2011, binayihesha itike yo guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika ya Confederation cup y’uyu mwaka wa 2012, yemerewe miliyoni cumi n’eshanu z’amanyarwanda na minisiteri y‘umuco na siporo kugira ngo yitegure neza ikipe ya Simba yo muri Tanzania bazahura ku mukino w’ibanze w’iri rushanwa uteganyijwe tariki 19 Gashyantare 2012 i Kigali, ndetse n’uwo kwishyura uzabera muri Tanzaniya.