Perezida Paul Kagame n'umufasha we (iburyo) bari kumwe n'Umunyamabanga Mukuru wa Comonwealth, Kamalesh Sharma ndetse n'umufasha we (Foto-Astrid Schulz)
LONDON - I Marlborough House mu Bwongereza ari na ho ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza Commonwealth ku wa 8 Werurwe 2010, habereye umuhango wo kwakirwa ku mugaragaro u Rwanda muri uwo muryango hanazamurwa ibendera ry’u Rwanda aho andi y’ibihugu bigize uwo muryango ari, igikorwa cyahuriranye n’inama y’ibihugu bigize uwo muryango. Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Perezida Kagame yabwiye abari bitabiriye iyo nama ko kuba u Rwanda rwaragiye muri uwo muryango ari inzira nziza iganisha u Rwanda mu nzira rurimo y’iterambere. Perezida Kagame yaboneyeho gushimira inkunga ibihugu bigize uwo muryango bisanzwe bitera u Rwanda ari na yo yatumye ahanini u Rwanda rugera ku ntambwe ruriho yatumye rushobora kwemererwa kujya mu miryango mpuzamahanga imwe n’imwe harimo na Commonwealth. Yagize ati “u Rwanda tuzi neza inyungu ziri mu kwifatanya n’ibihugu bigize uyu muryango, bityo kuba abanyamuryango ni iby’agaciro gakomeye". Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushimangira ubufatanye n’ibihugu byo muri uyu muryango mu bikorwa binyuranye harimo gutanga ubumenyi n’amahugurwa mu rubyiruko ibyo bihugu bikunze gutanga, ibyo bigakorerwa ko urubyiruko ari rwo mbaraga z’ibihugu. Ikindi ni ugushyigikira ubucuruzi n’ishoramari bikorwa n’uwo muryango kugira ngo u Rwanda rutere imbere mu bukungu hatezwa imbere ubucuruzi bityo rugashobora guhatana ku masoko mpuzamahanga.
Uruhare rw’umugore mu iterambere ry’u Rwanda ntirishidikanywahoKu batabizi u Rwanda, ni cyo gihugu cya mbere ku isi mu kugira umubare munini w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, ndetse uyu mubare ukanigaragaza no mu zindi nzego cyane izifata ibyemezo. Iri rikaba ari ishema ku Banyarwanda muri rusange no ku bategarugori ku buryo bw’umwihariko. Mu gihe hizihizwa umunsi w’abagore ku isi, mu Rwanda hari byinshi byo kwishimira hashingiwe ku ruhare igitsina gore gifite mu kuganisha u Rwanda mu iterambere rirambye. Zimwe mu nzego zizwi ziyoborwa cyangwa zigeze kuyoborwa n’abagore mu Rwanda ni Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Urukiko rw’Ikirenga, Minisiteri zinyuranye, Polisi y’Igihugu, Umujyi wa Kigali, Urwego rw’Amagereza n’izindi nzego zifite uruhare rudasanzwe mu buzima n’imiyoborere by’igihugu.