Izuba


U Rwanda rwatangije gahunda yo kwinjira mu gihugu hakoreshejwe ikoranabuhanga
Minisitiri muri Perezidansi , Dusabeyezu Venansiya atangiza icyo gikorwa (Ifoto/Mbanda)

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Abinjira n’Abasohoka, ku wa 18 Gicurasi 2012 cyatangije  ku mugaragaro   uburyo bushya bwo kwinjira mu gihugu hakoreshejwe ikoranabuhanga, aho umuntu yinjira mu gihugu atabanje kubonana n’umukozi ushinzwe abinjira ngo amuterere kashi nk’uko byari bisanzwe bikorwa.
 
Minisitiri muri Perizidansi ya Repubulika,  Dusabeyezu Venansiya wari umushyitsi mukuru muri uwo muhango yavuze ko mu gihe u Rwanda rwabaye urujya n’uruza rw’abantu batandukanye baturuka mu bihugu bitandukanye ndetse ku mpamvu zitandukanye, yavuze ko ari nako isi ubu yugarijwe n’ibyaha ndengamipaka, iterabwoba, uburiganya n’ibindi  ngo byabaye ngombwa ko u Rwanda rutekereza ku ngamba zo guhangana nabyo zirimo gukoresha ikoranabuhanga.

Minisitiri Dusabeyezu atangiza uwo muhango wabereye ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kanombe, yavuze ko  gushyiraho ubwo buryo bushya bw’ikoranabuhanga ,  biri mu kunganira gahunda zisanwe u Rwanda rwihaye zirimo gutanga serivisi  nziza  kandi yihuse no guteza imbere ishoramari.
 

Yagize ati “ Mu gihe Abanyarwanda bose bazajya  banyura ku Kibuga cy’Indege cya Konombe ndetse n’ahandi  bazaba binjiye muri  ubwo buryo bw’ikoranabuhanga bizatuma abandi bagenzi bihuta”,  avuga ko u Rwanda rubaye urwa mbere muri aka Karere gukoresha ubu buryo bwo kwinjira mu gihugu hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Ijambo ry'ibanze
Ibyo abarimu bemerewe bagomba kujya babihabwa

Nyuma y’aho abarezi  basabye Leta kubongereza imishahara kuko ayo bahembwaga yari make, abayobozi b’amashuri ntibakagombye kubima  agahimbamusyi bemerewe.

Sunday, 20th May 2012
Amakuru
Ku Rwesero niho hijihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Ingoro Ndangamurage

Uhereye iburyo hari: abanyabugeni sebukangaga, Sekajugo, Lia wasobanuye ibihangano bya Hugo, Kadudu Wasswa, Andre, umuyobozi Mukuru wa INMR,Umuliisa B. alphonse bari kumwe na Minisitiri mitali Protais ( Ifoto/ JL.Kagahe)

Ku rwego rw’igihugu, ku wa 18 Gicurasi  2012 , Umunsi Mpuzamahanga w’Ingoro Ndangamurage wijihirijwe mu Ngoro y’ubuhanzi n’ubugeni iri ku Rwesero mu Karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ahamuritswe ubugeni bushingiye ku mafoto yakozwe n’abanyabugeni b’Abanyarwanda n’abanyabugeni bo mu mahanga.

Sainte Famille harakorwa igenzura ku ikoreshwa ry’amafaranga y’abarimu

Umunyabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi, Dr Harebamungu Mathias (Ifoto/Ububiko)

Nyuma  y’uko abarimu  bigisha kuri Sainte Famille  bakoze imyigaragabyo  bakanga kwigisha  kubera  kutishyurwa amafaranga  y’agahimbazamusyi yo guhera muri Mata 2009,  ikinyamakuru Izuba Rirashe   cyifuje kumenya imvo n’imvano  ituma abarimu  bigaragambya, Umuyobozi  Wungirije ushinzwe  imibereho myiza mu Karere ka Nyarugenge  ho Mujyi wa Kigali,  Kalisa Pierre  agitangariza ko icyo kibazo kimaze  igihe,  ati “kugeza ubu  twohoreje  abagenzuzi bagenzura neza  imikoreshereze y’amafaranga y’abarimu,  kuko nihagaragara  ko yakoreshwe nabi uwo bizagaragaho azabihanirwa.”

Imikino
APR yashyikirijwe igikombe cya shampiyona

APR FC (Ifoto/Ferwafa)

Ku wa  18 Gicurasi 2012, ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya shampiyona nyuma y’umukino w’ikirarane wahuje ikipe ya Police n’Isonga FC kuri Sitade ya Kigali.Uyu mukino warangiye Police itsinze Isonga  ibitego 3-0  .