Abakuru b’Ibihugu 18 ni bo bamaze kwemeza ko bazitabira irahira rya Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame (hagati) akikijwe na bamwe mu bakuru b'i Bihugu bazitabira ibirori by'irahira rye (Foto/Arishive)
KIGALI - Kugeza uyu munsi mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batumiwe mu muhango wo kurahira kwa Perezida Paul Kagame, 18 muri 30 batumiwe ni bo bamaze kwemeza ko bazitabira ubu butumire mu birori bizabera kuri stade Amahoro i Remera ku wa 06 Nzeli 2010. Ibyo byatangarijwe ikinyakakuru Izuba Rirashe na Kabagambe Ignaius, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Itangazamakuru ku wa 02 Nzeli 2010. Kabagambe avuga ko uwo muhango watumiwemo ibihugu by’inshuti z’u Rwanda bigera kuri 30, ibyinshi muri byo bikaba ari ibyo ku Mugabane w’Afurika. Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Itangazamakuru, yemeje ko Abakuru b’Ibihugu bamaze kwemeza ko bazitabira iki gikorwa barimo ; Boni Yayi wa Benin, Blaise Compaoré wa Burkina Faso, Faure Gnansingbe wa Togo, Ali Bongo Ondimba wa Gabon, Goodluck Jonathan wa Nigeria, Joseph Kabila Kabange wa Repubulika Iharanira Demokorasi ya Kongo, Mwai Kibaki wa Kenya, Denis Sassou Nguesso wa Kongo Brazaville, Ellen Johnson Sirleaf wa Liberia, François Bozizé wa Repubulika ya Centrafrica, Pierre Nkurunziza w’u Burundi, Bingu wa Mutharika wa Malawi, Abdudelaziz Bouteflika wa Algéria, n’Umwami Mswati wa Swaziland.
Ubumwe bw’Abanyafurika ni bwo buzabasubiza agaciroImiryango yiyitirira guharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu cyane ikorera muri Amerika n’u Burayi imaze kugaragaza ko Umugabane w’Afurika iwufata nk’uwo gukoraho ibyo yishakiye birimo gutanga za raporo zisebanya, zidafitiwe gihamya kandi zitakoranye ubuhanga n’ubucukumbuzi. Ibi biza byiyongeraho ko abacamanza bo muri ibyo Bihugu bumva bafite uburenganzira bwo gutanga impapuro zita muri yombi abayobozi b’Ibihugu by’Afurika akenshi ibi bigakorwa bishingiwe ku mpamvu zidafatika.