Izuba

Ibendera ry’u Rwanda ryazamuwe ku kicaro gikuru cya Commonwealth
Perezida Paul Kagame n'umufasha we (iburyo) bari kumwe n'Umunyamabanga Mukuru wa Comonwealth, Kamalesh Sharma ndetse n'umufasha we (Foto-Astrid Schulz)

LONDON - I Marlborough House mu Bwongereza ari na ho ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza Commonwealth ku wa 8 Werurwe 2010, habereye umuhango wo kwakirwa ku mugaragaro u Rwanda muri uwo muryango hanazamurwa ibendera ry’u Rwanda aho andi y’ibihugu bigize uwo muryango ari, igikorwa cyahuriranye n’inama y’ibihugu bigize uwo muryango. Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uwo muhango, Perezida Kagame yabwiye abari bitabiriye iyo nama ko kuba u Rwanda rwaragiye muri uwo muryango ari inzira nziza iganisha u Rwanda mu nzira rurimo y’iterambere. Perezida Kagame yaboneyeho gushimira inkunga ibihugu bigize uwo muryango bisanzwe bitera u Rwanda ari na yo yatumye ahanini u Rwanda rugera ku ntambwe ruriho yatumye rushobora kwemererwa kujya mu miryango mpuzamahanga imwe n’imwe harimo na Commonwealth. Yagize ati “u Rwanda tuzi neza inyungu ziri mu kwifatanya n’ibihugu bigize uyu muryango, bityo kuba abanyamuryango ni iby’agaciro gakomeye". Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushimangira ubufatanye n’ibihugu byo muri uyu muryango mu bikorwa binyuranye harimo gutanga ubumenyi n’amahugurwa mu rubyiruko ibyo bihugu bikunze gutanga, ibyo bigakorerwa ko urubyiruko ari rwo mbaraga z’ibihugu. Ikindi ni ugushyigikira ubucuruzi n’ishoramari bikorwa n’uwo muryango kugira ngo u Rwanda rutere imbere mu bukungu hatezwa imbere ubucuruzi bityo rugashobora guhatana ku masoko mpuzamahanga.

Ijambo ry'ibanze
Uruhare rw’umugore mu iterambere ry’u Rwanda ntirishidikanywaho
Ku batabizi u Rwanda, ni cyo gihugu cya mbere ku isi mu kugira umubare munini w’abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, ndetse uyu mubare ukanigaragaza no mu zindi nzego cyane izifata ibyemezo. Iri rikaba ari ishema ku Banyarwanda muri rusange no ku bategarugori ku buryo bw’umwihariko. Mu gihe hizihizwa umunsi w’abagore ku isi, mu Rwanda hari byinshi byo kwishimira hashingiwe ku ruhare igitsina gore gifite mu kuganisha u Rwanda mu iterambere rirambye. Zimwe mu nzego zizwi ziyoborwa cyangwa zigeze kuyoborwa n’abagore mu Rwanda ni Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Urukiko rw’Ikirenga, Minisiteri zinyuranye, Polisi y’Igihugu, Umujyi wa Kigali, Urwego rw’Amagereza n’izindi nzego zifite uruhare rudasanzwe mu buzima n’imiyoborere by’igihugu. 
Tuesday, 9th March 2010
Amakuru
Perezida Kagame azitabira inama nyafurika ku itangazamakuru mpuzamahanga

Bwana Linus Gitahi, Umuyobozi Mukuru w’Ihuriro ry’Ibitangazamakuru bya Leta muri Kenya (Foto-Interineti)
NAIROBI - Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa Interineti "panafricamedia2010kenya.com" ryashyizweho umukono na Bwana Linus Gitahi, Umuyobozi Mukuru w’Ihuriro ry’Ibitangazamakuru bya Leta muri Kenya (Nation Media Group) rihamagarira kuzitabira iyo nama, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda ari mu bazitabira inama mpuzamahanga izaba igamije gusuzuma uko itangazamakuru ryakozwe mu gihe cyahise, muri iki gihe no mu gihe kizaza harebwa imbogamizi urwego rw’itangazamakuru ruhura nazo ku rwego mpuzamahanga.
Ibyiza bikorerwa muri Rulindo bihesha ishema Intara yose – Bosenibamwe

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé (Foto / Arishive)

RULINDO - Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, ku wa 5 Werurwe 2010 yasabye abayobozi b’Uturere tugize iyo Ntara gukurikiza imikorere y’Akarere ka Rulindo bashyigikira ishoramari mu Turere bayobora. Ibyo Bosenibamwe yabivuze mu muhango wo kwishimira ibikombe bya zahabu n’icy’umuringa by’ishimwe byahawe uruganda ry’icyayi rwa Sorwathé n’Urwibutso rwa Nyirangarama zose zikorera mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru kubera kuba indashyikirwa mu kunoza mikorere yazo mu mwaka wa 2009.

Imikino
T.P Mazembe ntizabona umwanya uhagije wo kwitegura umukino uzayihuza na APR FC

Ngiyo ikipe ya TP Mazembe itegerejwe i Kigali (Foto/Interineti)

Kuwa 20 Werurwe 2010

APR FC v TP Mazembe

Ubuyobozi bw’ikipe ya TP Mazembe buratangaza ko bufite impungenge z’abakinnyi bayo batazabona umwanya uhagije wo kwitegura umukino wa APR FC kuko abenshi bahamagawe mu ikipe y’igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo(RDC).