<?xml version="1.0" encoding="utf-8"?><rss version="2.0">
  <channel>
    <ttl>60</ttl>
    <title>IZUBA</title>
    <link>http://www.izuba.co.rw</link>
    <description>Front Page Articles from Rwandas first daily.</description>
    <copyright>Copyright  Izuba</copyright>
    <language>en-us</language>
    <lastBuildDate></lastBuildDate>
    <image>
      <url>http://www.izuba.org.rw/images/logo_feed.gif</url>
      <title>Izuba</title>
      <link>http://www.izuba.co.rw</link>
    </image>
    <item>
      <title>Abakuru b’Ibihugu 18 ni bo bamaze kwemeza ko bazitabira irahira rya Perezida Kagame </title>
      <link>http://www.izuba.org.rw/index.php?issue=441&amp;article=16783</link>
      <description>KIGALI - Kugeza uyu munsi mu Bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma batumiwe mu muhango wo kurahira kwa Perezida Paul Kagame, 18&nbsp; muri 30 batumiwe ni bo bamaze kwemeza ko bazitabira ubu butumire mu birori bizabera kuri stade Amahoro i Remera ku wa 06 Nzeli 2010. Ibyo byatangarijwe ikinyakakuru Izuba Rirashe na Kabagambe Ignaius, Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Itangazamakuru ku wa 02 Nzeli 2010. Kabagambe avuga ko uwo muhango watumiwemo ibihugu by’inshuti z’u Rwanda bigera kuri 30, ibyinshi muri byo bikaba ari ibyo ku Mugabane w’Afurika. Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Itangazamakuru, yemeje ko Abakuru b’Ibihugu bamaze kwemeza ko bazitabira iki gikorwa barimo ; Boni Yayi wa Benin, Blaise Compaoré wa Burkina Faso, Faure Gnansingbe wa Togo, Ali Bongo Ondimba wa Gabon, Goodluck Jonathan wa Nigeria, Joseph Kabila Kabange wa Repubulika Iharanira Demokorasi ya Kongo, Mwai Kibaki wa Kenya, Denis Sassou Nguesso wa Kongo Brazaville, Ellen Johnson Sirleaf wa Liberia, François Bozizé&nbsp; wa Repubulika ya Centrafrica, Pierre Nkurunziza w’u Burundi, Bingu wa Mutharika wa Malawi, Abdudelaziz Bouteflika&nbsp; wa Algéria, n’Umwami Mswati wa Swaziland.</description>
      <author></author>
      <pubDate>Thursday, 2nd September 2010</pubDate>
      <guid isPermaLink="false"></guid>
    </item><item>
      <title>Gusoza imurikagurisha ntibikigonganye n’irahira rya Perezida wa Repubulika</title>
      <link>http://www.izuba.org.rw/index.php?issue=441&amp;article=16784</link>
      <description>KIGALI - Mu gihe abantu bari bafite impungenge z’uko isozwa ry’imurikagurisha rya 13 ribera i Gikondo rizabangamira cyangwa rigatuma abantu badakurikirana igikorwa cyo kurahira kwa Perezida Paul Kagame dore ko ibikorwa byombi byari biteganyijwe taliki ya 6 Nzeli, izi mpungenge bazishire dore ko ryongereweho iminsi 2, rikaba rizasozwa ku wa 8 Nzeli 2010, ibi bizatuma n’abashyitsi baturutse mu bihugu binyuranye baje kwitabira igikorwa cy’irahira basura&nbsp; iryo murikagurisha.</description>
      <author></author>
      <pubDate>Thursday, 2nd September 2010</pubDate>
      <guid isPermaLink="false"></guid>
    </item><item>
      <title>Ingabo zacu ziteguye gutaha – Lt Kol Rutaremara</title>
      <link>http://www.izuba.org.rw/index.php?issue=441&amp;article=16785</link>
      <description>KIGALI - Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda Lt. Col. Jill Rutaremara, aratangaza ko Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudan ziteguye gutaha igihe cyose bibaye ngombwa.</description>
      <author></author>
      <pubDate>Thursday, 2nd September 2010</pubDate>
      <guid isPermaLink="false"></guid>
    </item><item>
      <title>Amavubi arasabwa byinshi imbere ya Ivory Coast</title>
      <link>http://www.izuba.org.rw/index.php?issue=441&amp;article=16792</link>
      <description>Imikino yo mu itsinda HTariki ya 4 Nzeli 2010Ivory Coast Vs Rwanda (17:00)Burundi Vs Benin Kuri uyu wa gatandatu ku isaha ya saa kumi n’imwe ku isaha yo mu Rwanda, ikipe y’igihugu Amavubi ifite akazi katoroshye ko kwisobanura imbere y’Inzovu za Ivory Coast, mu mukino uzabera mu Mujyi wa Yamoussoukro wo gushaka itike yo kwerekeza mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cyo mu mwaka wa 2012.</description>
      <author></author>
      <pubDate>Thursday, 2nd September 2010</pubDate>
      <guid isPermaLink="false"></guid>
    </item>	  </channel>
</rss>
