|
Nshobora kuziyamamaza – Perezida Kagame
Perezida Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru muri Village Urugwiro URUGWIRO VILLAGE - Nyuma y’igihe kinini abazwa niba azongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repulika, Perezida Paul Kagame, yasobanuye ko ashingiye ku bimaze kugerwaho abona bishoboka ko yaziyamamariza uwo mwanya mu matora ateganyijwe muri Kanama 2010. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru muri Village Urugwiro ku wa 8 Gashyantare 2010. Nk’uko umukuru w’igihugu yakunze kubigarukaho mu biganiro byabanjirije iki, hari byinshi bishingirwaho kugira ngo umuntu atorerwe kuba umukandida kuri uyu mwanya birimo no kwemezwa n’umutwe wa politiki akomokamo, ari na yo mpamvu abona ko Umuryango FPR-Inkotanyi akomokamo ari wo ufite ijambo rya nyuma mu kwemeza niba azawuhagararira nk’umukandinda. Cyakora kuri we ngo yumva bigishoboka ko yawuhagararira muri aya matora haramutse hatabayeho izindi mpamvu. Perezida Kagame kandi yongeyeho ati “ubushize FPR yantoreye kuyibera Umuyobozi, ariko ibyo byonyine ntibihagije, ubwo ngomba gutegereza igihe nyir’izina cyo gutoranya uzayihagararira nk’umukandinda” Abajijwe ku bijyanye n’imvugo ikunze kurangwamo ingengabitekerezo ya Jenoside n’amacakubiri ikoreshwa na Ingabire Victoire uvuga ko ayobora Ishyaka FDU-Inkingi ndetse akaba aniteguye guhatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika, Perezida Kagame yasobanuye ko rimwe na rimwe hari ibyo abantu bakora kugira ngo bashotore abandi agira ati “ariko burya icyo umuntu ashaka si cyo umuha, ariko iyo bibaye ngombwa itegeko rirakurikizwa cyane iyo akora ibinyuranyije n’amategeko. Icyangombwa ni uko ubumwe, ubusugire, umutekano n’iterambere ry’Abanyarwanda ridahungabanywa”.
Ijambo ry'ibanze
Imikorere n’imikoranire y’itangazamakuru na Leta y’u Rwanda: urugero rw’inzira ya demokarasiPerezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Baperezida bake, niba atari na we wenyine, ugira nibura umunsi umwe mu kwezi wo guhura n’abanyamakuru bakagirana ikiganiro kirambuye gikora kuri politiki, imibereho myiza, ubutabera, ubukungu, politiki n’ibindi bitandukanye.
|
Tuesday, 9th February 2010
Asiimwe Arthur yatorewe kuba Perezida wa HCM KIGALI - Ku Cyicaro cy’Inama Nkuru y’Itangazamakuru (HCM) mu Rwanda ku wa 8 Gashyantare 2010 habereye umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’uwahoze ari Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya HCM, Dr Karambizi Vénuste na Asiimwe Arthur, Perezida mushya w’iyo nama. Dr Karambizi Vénuste yavuze ko kuva mu mwaka wa 2003 ubwo hajyagaho urwo rwego abababanjirije bose bagerageje gukora imirimo batorewe neza, asaba abamaze gutorerwa manda nshya guzakorana neza n’izindi nzego kugira ngo itangazamakuru rizarusheho gutunganya akazi karyo neza. Depite Kanakuze Judith yitabye Imana afite imyaka 51 y’amavuko Uyu ni we nyakwigendera Depite Kanakuze Judith (Foto / Arishive) KIGALI - Nyakwigendera Depute Kanakuze Judith witabye Imana ku wa 7 Gashyantare 2010. Yavutse ku wa 19 Nzeli 1959. Yitabye Imana yari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite kuva mu mwaka wa 2003. Yize mu ishami ry’imbonezamubano mu gashami ka « Démographie » akaba yari afite impamyabumenyi ihanitse muri ako gashami. Ingingo 58 z’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda zigiye kuvugururwa Karugarama Tharcisse, Minisitiri w’Ubutabera (Foto / Arishive) KIGALI - Mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, ku wa 8 Gashyantare 2010, hemejwe umushinga wo kuvugurura ingingo 58 z’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda. Tharcisse Karugarama, Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta yasobanuriye Abadepite ko uwo mushinga utaje guhindura ibyatowe n’abaturage, ahubwo uje kunoza no guhuza ingingo zimwe na zimwe kugira ngo zijyane n’igihe. Recreativo mu mwiherero muri Turikiya na ho APR FC ku Kicukiro Haruna (i buryo), umwe mu batezweho byinshi na APR FC (Foto/Goodman) Mu gihe ikipe ya Recreativo de Libolo yo mu gihugu cya Angola yitegura kuza i Kigali mu mukino uhuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, iyi kipe ikomeje umwiherero mu gihugu cya Turikiya mu gihe ikipe ya APR FC yo umwiherero wayo iwukomereje ku Kicukiro ahitwa Amani Guest House.
|