Umukino wo mu itsinda H Tariki ya 10 Ukwakira 2010 Rwanda Vs Benin (Sitade Amahoro) Ivory Coast Vs Burundi (Sitade Prince Louis Rwagasore)
KIGALI - Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’igihugu ya Ivory Coast, ibitego 3-0, abasore bagize ikipe y’igihugu Amavubi bagiye guhita basubira mu myitozo yo kwitegura umukino wa kabiri wo mu itsinda H ugomba kubahuza n’ikipe ya Benin, tariki ya 10 Ukwakira 2010 kuri Sitade Amahoro.
Imikino yo mu Itsinda H Tariki ya 4 Nzeli 2010 Ivory Coast 3-0 Rwanda Benin 1-1 Burundi
Ikipe y’igihugu y’u Burundi, Intamba mu rugamba yitwaye neza imbere y’ikipe ya Benin yari imbere y’abafana bayo ibasha kunganya igitego 1-1 mu mukino wo mu itsinda H wo gushaka itike yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika cya 2012.
Ikipe yo mu Ntara y’i Burengerazuba ya Entincelles FC yasinyishije abakinnyi 6 mu rwego rwo gukomeza kwiyubaka ndetse no kwitwara neza mu marushanwa itegura harimo n’irushanwa ry’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika.
Abakinnyi babiri bakinira APR FC bakomoka mu gihugu cya Malawi bagiye kugaruka mu Rwanda mu myitozo y’ikipe ya APR FC ibi bikaba bitangazwa n’umunyamabanga w’iyo kipe.
Senegal ntizitabira “Afrobasketball under 18 Kagame Cup”
Igihugu cya Senegal giherutse gutangaza ko cyagize ikibazo cy’amikoro make ku buryo kitazitabira amarushanwa ya Basketball yo ku rwego rw’Afurika azahuza amakipe y’abana b’abahungu bari munsi y’imyaka 18 y’amavuko azabera mu Rwanda guhera tariki ya 8 kugeza ku wa 17 Ukwakira 2010 yitiriwe Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yiswe “Afrobasketball Under 18 Kagame Cup”.